Nyuma y’aho bashyiriye ahagaragara ibiciro byabo bitangaje byo guhamagara amafaranga 10 ku munota ku muntu uri mu Rwanda ndetse n’amafaranga 30 ku munota guhamagara muri Amerika no muri Canada no kwandikirana sms mu mafaranga 3, ubu noneho TIGO yazanye ubundi buryo bushya bwo kuguriza abakunzi bayo ubundi bakishyura nyuma.
Nk’uko ushinzwe amasoko muri Tigo Nina Ndabaneze yabitangariye igihe.com, yavuze ko ubu buryo bushya buzorohereza abakiriya gukoresha services zabo bitabagoye, kabone n’iyo waba nta mafaranga usigaranye muri téléphone yawe ukaba wabasha guhamagara ukazishyura nyuma.
Tigo imaze kubona uburyo bwo gushirirwa na za inite bihangayikisha bamwe, yahisemo kuzana ubu buryo bwiswe Tira Tigo ku bafatabuguzi bayo bamaze nibura igihe cy’amezi atatu bakoresha umurongo wa Tigo, Tigo yazanye uburyo bwo kuguriza abafatabuguzi bayo bakishyura nyuma.
Dore uko bikorwa:
Kanda *444# ukurikizeho “OK” Hari amafaranga azahita ajya muri telefone yawe.
Ibyo bikunda ariko igihe nta amafaranga asigaye muri telefone ari hagati ya 0 Frw na 3 Frw; niba kandi nta mwenda utarishyura wa Tira Tigo icyo gihe bizakunda nta kabuza.
Gusa icyo twababwira ni uko amafaranga wagurizwa atarenga 80, ukishyura amafaranga 10, uko ukoresheje ubu buryo. Tigo kandi ubu niyo sosisete yonyine mu Rwanda ifite connexion yo mu rwego rwo hejuru )3.5G), ikaba ari nayo kandi yazanye mbere uburyo bwo kumva indirimbo wihitiyemo igihe uhamagawe.

<size value="vsmall">
Tigo irakataje mu kwamamaza ibikorwa byayo</size>
Muri aya amezi atatu ashize twababwira ko abakiriya ba Tigo bikubye inshuro eshatu, kuko mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe 2010 TIGO yari ifite abafatabuguzi ibihumbi 170, ariko mu mpera z’ukwezi kwa Kamena 2010 bari bamaze kugera ku bihumbi 530. RURA iragaragaza ko abitabira uruhando rw’itumanaho rikoresha imirongo ya Telefoni bazamutseho 17 %, bava kuri Miliyoni 2,7 bagera kuri Miliyoni 3.17 mu mezi atatu gusa, iyi mibare ikaba yarazamuwe cyane n’abitabiriye gutumanaho bakoresheje umurongo wa TIGO, mu gihe ibindi bigo by’itumanaho bikorera mu Rwanda byatakaje bamwe mu bakiliya babyo.

<size value="vsmall">
Nina Ndabaneze ushinzwe amasoko muri Tigo hamwe na minisitiri w'intebe muri Expo 2010</size>
MUHIRWA Olivier/Igihe.com