Gukoresha umunwa mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina bishobora gutera kanseri yo mu kanwa
posted on May , 31 2011 at 11H 40min 40 sec viewed 33546 times
Bisanzwe bizwi ko umugabo n’umugore (kuri ubu hasigaye hariho n’abagabo babiri cyangwa abagore babiri) baba bafite uburyo butandukanye bwo gukoramo imibonano mpuzabitsina, cyangwa uburyo bwo kwitegura mbere yayo. Muri bwo rero, gukoresha umunwa (oral sex), haba umugabo ku gitsina cy’umugore (cunnilingus) cyangwa umugore ku gitsina cy’umugabo (fellation/fellatio) bukaba bushobora gutera kanseri yo mu kanwa.
Ibyo ni ibyatangajwe na Dr Maura Gillison wo muri Kaminuza ya Ohio, ubwo yamurikaga ibyavuye mu bushakashatsi yari aherutse gukora. Akurikije imibare yabonetse mu gihe cy’imyaka 33 (1974-2007), yasanze umubare w’abantu barwaye kanseri yo mu kanwa wiyongereyeho 225% (ni ukuvuga ko wikubye kabiri, ukiyongeraho na 25% kandi), ngo abenshi mu bandura iyo ndwara bakoresha umunwa mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, kandi bakanabikorana n’abantu benshi abtandukanye (partenaires multiples).
Ubundi mu bintu bitera kanseri yo mu kanwa harimo itabi n’inzoga, ndetse na virusi zitwa human papillomavirus (HPV), akaba ari nazo zorohereza cyane iyo virus ituruka muri iyo mibonano ikoresheje umunwa. Papillomavirus kandi nizo zitera kanseri y’umura (uterus), na zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Inama
- Byagaragaye ko ibibazo bya cancer yo mu kanwa byongerwa n’ubwo buryo bwo gukora imibonano mpuzabitsina yibasira cyane cyane abasore n’inkumi. Aha abakiri bato baragirwa inama yo kwifata.
- Abandi bahura n’ibibazo ni abakorana imibonano mpuzabitsina n’abantu benshi batandukanye. Abashakanye bakaba basabwa kudacana inyuma.
- Hari abibwira ko gukoresha umunwa ku gitsina cy’undi bigabanya ibyago byo kwandura virusi itera SIDA cyangwa izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Siko bimeze kuko ishobora kukwinjiramo inyuze mu dusebe turi mu kanwa (niyo mwaba musomana), akaba ari nayo mpamvu iyo usanzwe ufite human papillomavirus (HPV) mu kanwa uba ufite amahirwe menshi yo kwandura. Ku mugore, kwambika agakingirizo igitsina cy’umugabo igihe ukoresha umunwa ni ngombwa, iyo utamwizeye.
Hari n'abasanga igisubizo cyoroshye cyaba ugukorera imibonano mpuzabitsina aho yagenewe, kandi bigakorwa gusa n'abashakanye. Abashaka gushimishanya mbere na nyuma yayo bagakoresha ubundi buryo butari umunwa.
Gusa abashakashatsi bavuga ko ibyo bibazo bya kanseri yo mu kanwa no mu muhogo bidakunze kubaho ku bantu benshi ariko ngo umuntu agomba kwirinda.
Olivier NTAGANZWA
olintagz@igihe.com
|