Mu gihe Perezida Kagame yarangizaga kuvuga ijambo yagezaga ku baturage b’akarere ka Nyamasheke agatanga umwanya wo gutanga ibibazo n'ibitekerezo, umuturage umwe yamwemereye ikositimu y’umweru azambara mu birori bizakurikira ugutorwa kwe, ni ukuvuga nyuma y’itariki ya 9 Kanama.
Umuturage witwa Binama Jean Paul uhagarariye abantu bakomoka Nyamasheke batuye i Kigali, yashimiye Perezida muri byinshi yakoreye Akarere kabo ndetse n’u Rwanda muri rusange. Yamubwiye ko abaturage ahagarariye bamwemereye ikositimu y’umweru, iryo bara rikaba risobanura ‘sans tâches’ nk’uko uwo mugabo yabyivugiye, akaba yasobanuye ko kuba Perezida agejeje igihugu aho kiri ubu ari uko nta kizinga agira mu mikorere ye. Akaba aribwo busobanuro bw'ayo magambo 2 y'igifaransa.
Binama Jean Paul wahaye Perezida Kagame kositimu ya beige
Uwo muturage amaze gutanga ubutumwa bwa bagenzi be, nawe yabwiye Perezida wa Repubulika ko nawe ku giti cye amwemereye kositimu ya beige, iri ni ibara rijya gushyikira umweru.
Aha twabamenyesha ko Perezida Kagame yashimiye abo baturage impano bamuhaye.
SHABA Erick Bill, Nyamasheke
Inkuru byerekeranye
Perezida Kagame yasuye akarere ka Nyamasheke