Abafite amazu akorerwamo barasabwa guteganya ibikoresho birinda umutekano w ‘abantu n’ibintu
posted on Sep , 03 2010 at 17H 33min 07 sec viewed 2304 times
Abubaka amazu ndetse n’abayobozi barakangurirwa kujya bashyira mu nzu n’izindi nyubako ibyangombwa byose bijyanye no kongera umutekano w’ibintu n’abantu baza babagana. Ibi ni ibyatangajwe kuri uyu wa kane na Minisitiri ufite mu nshingano ze imicungire y’ibiza n’impunzi, Gen Marcel Gatsinzi, mu nama y’iminsi 2 igamije gutanga inyigisho ku buryo bwo kongera umutekano w’abantu, cyane cyane aho bakorera, aho baba, n’aho basura mu gihugu.
Muri iyo nama y’iminsi 2, abayobozi b’inzego zitandukanye barahugurwa ku buryo bwo kongera umutekano w’abantu. Abafite amazu cyangwa abubatsi barakangurirwa gushyiramo ibikoresho byongera umutekano w’abaje kubasura nk’uko byatangajwe na Minisitiri ushinzwe Ibiza n’impunzi Jenerali Marcel GATSINZI, wagize ati " Muri iki gihugu cyacu, cyane cyane muri capitale, hari amazu menshi maremare arimo kubakwa; hari asanzwe hari n’ibindi bikorwa abantu benshi bahuriraho harimo amasoko, kiliziya, hari kwa muganga, hari amashuri n’ibindi …"
Hari ikipe yaje iturutse mu Bwongereza ifatanyije na RIAM ndetse na Minisiteri ifite mu nshingano zayo imicungire y’ibiza n’impunzi, twese twarafatanyije kugirango dukangurire abayobozi cyangwa abantu bafite aho bakuriye kugirango bongerere umutekano abahakorera, abaje gusura n’abaje gusaba serivisi.
Minisitiri Marcel GATSINZI, yagarutse ku bikoresho bikenewe, agaragaza ko abafite amazu bagomba kubungabunga umutekano w’abantu baza muri izo nzu, bagateganya ahantu ho kunyura igihe habaye impanuka kugirango umuntu ashobore kuba yahunga, guteganya aho abaje kubatabara banyura kugira ngo babagereho no guteganya aho bashobora kuvoma amazi kugirango mu gihe ari impanuka y’umuriro bashobore kuwuzimya.
Gen Gatsinzi yagarutse kandi ku bikoresho byihariye byo kuzimya umuriro, agaragaza ko bigomba kuba mu nzu ku buryo umuntu uraho ngaho yabyiyambaza ako kanya mu gihe hari umuriro mbere yuko kizimya moto imugeraho.
Iyo nama yateguwe na Minisiteri ishinzwe gucunga ibiza n’impunzi ku bufatanye n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amahugurwa y’abakozi RIAM na sosiyete MUGOLDs yo mu Bwongereza.
Inkuru dukesha Orinfor
|