Uganda: Umujyi wa Kampala wibasiwe n 'inkubi y 'umuyaga
posted on Sep , 03 2010 at 12H 01min 50 sec viewed 3308 times
Mu bice byo mu mujyi wa Kampala, bakunze gucururizamo, kuri uyu wa Gatatu ku mugoroba, hibasiwe n’inkubi y’umuyaga, uyu muyaga ukaba warateje ibibazo, kuko mu muhanda hari harimo urujya n’uruza rw’abatari bake. Aho ibi byaje kugwira amazu n’imodoka byari ku mihanda.
Abakoresha umuhanda, biganjemo abanyamaguru, bahuye n’ingaruka zitandukanye kuko ubwo hadukaga uyu muyaga, byose byahagaze, ndetse hari n’imodoka zangiritse burundu.
Ifoto yasohotse mu kinyamakuru The New Vision, dukesha iyi nkuru yagaragayemo, yerekana imodoka yo mu bwoko bwa Corsa, yangiritse ubwo igiti cyagwiraga iyi modoka bitewe n’inkubi y’umuyaga; ibi ndetse byanabaye ku bindi binyabiziga hirya no hino mu mujyi wa Kampala.
Ibice byibasiwe cyane n’uyu muyaga biratandukanye, ariko hari hamwe na hamwe hibasiwe cyane harimo: iguriro rya Shopprite, riri ku muhada wa Jinja, Meat Packers ku muhanda wa Port Bell, ndetse ibice by’imihanda imwe n’imwe byarangiritse twavuga nka Mukwano, Ndeeba, Ssembule na Nateete; iyi mihanda amazu ahakikije yagiye yangizwa n’iyi nkubi y’umuyaga, bitewe n’ibiti byagwaga kuri aya mazu.
Uwitwa Peter Wasike, waganiriye na The New Vision, yagize ati “Ntabwo ubu twakomeza byihuse ubucuruzi bwacu, ahubwo tugomba kubanza gusukura no gusana ibyangiritse.”
Abahanga mu by’ikirere, bavuze ko ikirere cya Kampala, muri Uganda, kirimo inkubi y’umuyaga muri iyi minsi.
MIGISHA Magnifique
|