Ibibazo birakomeje muri Mozambique; Police yemeye ko 4 barashwe
posted on Sep , 03 2010 at 11H 25min 24 sec viewed 1578 times
I Maputo, muri Mozambique – Abigaragambya barakaye, baratwika amapine, mu mihanda hagati; Televisiyo yo muri icyo gihugu yatangaje ko umuntu umwe yarashwe ku wa Gatatu, ku munsi ukurikiyeho abantu bane baguye mu gushyamirana hagati y’abigaragambya na Polisi.
S -TV, Televisiyo yo muri Mozambique, ivuga ko Polisi yirutse ku muntu wari uru kwigaragambya, aza kwitura mu rwobo, ariko Polisi ntabwo yavuze amakuru, yakurikiye ubwo uwo muntu yagwaga mu rwobo.
Abigaragambyaga, biganjemo urubyiruko, ku wa Gatatu nibwo bigabije imihanda, bavuga ko batishimiye ukwiyongera kw’ibiciro by’ibiribwa, ibikomoka kuri Lisansi ndetse n’amazi. Bateye amabuye banasahura amaduka. Ndetse bukeye, kuri uyu munsi wa kane, nabwo abaturage boherejwe ubutumwa basabwa gukomeza igikorwa cyo kwigaragambya.
Kuri uyu munsi wa kane, abaturage batari bake bagumye mu ngo zabo, kubera ubwoba, batinya guhohoterwa; ubu mu mihanda nta modoka zitwara abagenzi ziri kugenda.
Augusto Gonas, umwe mu bigaragmbya mu mihanda y’i Maputo, ku munsi wa Gatatu, aganira n’ibiro ntaramakuru by’abanyamerika (AP), yasabye umukuru w’igihugu cya Mozambique, Perezida Armando Guebuza, ko yategeka ko ibiciro ku isoko byaganyuka.
Guebuza, ukomoka mu ishyaka rya FRELIMO, iri shyaka rishinjwa kuba rirangwamo ruswa, ndetse ritanafite ubushobozi bwo kuyobora. Iri shyaka ryagiye ku buyobozi kuva Mozambique yabona ubwigenge, hari mu 1975, ubwo Portugal yahaga ubwigenge iki gihugu.
Pedro Cossa, Umuvugizi w’igipolisi cya Mozambique, yabwiye AP, ku munsi wa gatatu ko abapolisi 2 bo ku rwego rwo hejuru bakubiswe n’abigaragambyaga.
Yakomeje avuga ko abamaze kugwa muri iyi myigaragambyo bamaze kuba 4, harimo 2 barashwe na Polisi, abandi 26 barakomeretse.
Ariko Televisiyo y’igihugu cya Mozambique, ngo bafite icyegeranyo cy’ibitaro ko abagera kuri 7 bamaze kugwa muri ibi bikorwa, harimo abana 2 baguye muri iyi myigaragambyo barashwe ubwo bari bagiye mu rugo, bavuye kwiga.
Mu butumwa yatanze kuri Radiyo y’igihugu ku wa Gatatu, Perezida Guebuza, yavuze ko Guverinoma igiye kugirana ibiganiro n’abacuruzi ngo ibiciro bigabanyuke, ariko ngo ibi ntabwo byoroshye na gato. Yongeyeho ko igihugu cya Mozambique gifite umusaruro w’ingano ungana na 30 %, ibisigaye bikurwa hanze y’igihugu.
Muri iki gihugu igiciro cy’umugati, cyiyongereyeho 25 %, mu myaka ishize. Igiciro cy’ibikomoka kuri Lisansi n’amazi byariyongereye nabyo.
MIGISHA Magnifique
|