Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
RDB Ads
BPR Ads
QQP Ads
Radio Izuba
Radio Flash
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
3800
. : : Iyandikishe : :
Amakuru atandukanyeHirya no hinoUtuntu n'utundiUyu munsi mu mateka

Ibibazo birakomeje muri Mozambique; Police yemeye ko 4 barashwe


posted on Sep , 03 2010 at 11H 25min 24 sec viewed 1578 times



I Maputo, muri Mozambique – Abigaragambya barakaye, baratwika amapine, mu mihanda hagati; Televisiyo yo muri icyo gihugu yatangaje ko umuntu umwe yarashwe ku wa Gatatu, ku munsi ukurikiyeho abantu bane baguye mu gushyamirana hagati y’abigaragambya na Polisi.

S -TV, Televisiyo yo muri Mozambique, ivuga ko Polisi yirutse ku muntu wari uru kwigaragambya, aza kwitura mu rwobo, ariko Polisi ntabwo yavuze amakuru, yakurikiye ubwo uwo muntu yagwaga mu rwobo.

Abigaragambyaga, biganjemo urubyiruko, ku wa Gatatu nibwo bigabije imihanda, bavuga ko batishimiye ukwiyongera kw’ibiciro by’ibiribwa, ibikomoka kuri Lisansi ndetse n’amazi. Bateye amabuye banasahura amaduka. Ndetse bukeye, kuri uyu munsi wa kane, nabwo abaturage boherejwe ubutumwa basabwa gukomeza igikorwa cyo kwigaragambya.

Kuri uyu munsi wa kane, abaturage batari bake bagumye mu ngo zabo, kubera ubwoba, batinya guhohoterwa; ubu mu mihanda nta modoka zitwara abagenzi ziri kugenda.

Augusto Gonas, umwe mu bigaragmbya mu mihanda y’i Maputo, ku munsi wa Gatatu, aganira n’ibiro ntaramakuru by’abanyamerika (AP), yasabye umukuru w’igihugu cya Mozambique, Perezida Armando Guebuza, ko yategeka ko ibiciro ku isoko byaganyuka.

Guebuza, ukomoka mu ishyaka rya FRELIMO, iri shyaka rishinjwa kuba rirangwamo ruswa, ndetse ritanafite ubushobozi bwo kuyobora. Iri shyaka ryagiye ku buyobozi kuva Mozambique yabona ubwigenge, hari mu 1975, ubwo Portugal yahaga ubwigenge iki gihugu.

Pedro Cossa, Umuvugizi w’igipolisi cya Mozambique, yabwiye AP, ku munsi wa gatatu ko abapolisi 2 bo ku rwego rwo hejuru bakubiswe n’abigaragambyaga.

Yakomeje avuga ko abamaze kugwa muri iyi myigaragambyo bamaze kuba 4, harimo 2 barashwe na Polisi, abandi 26 barakomeretse.

Ariko Televisiyo y’igihugu cya Mozambique, ngo bafite icyegeranyo cy’ibitaro ko abagera kuri 7 bamaze kugwa muri ibi bikorwa, harimo abana 2 baguye muri iyi myigaragambyo barashwe ubwo bari bagiye mu rugo, bavuye kwiga.

Mu butumwa yatanze kuri Radiyo y’igihugu ku wa Gatatu, Perezida Guebuza, yavuze ko Guverinoma igiye kugirana ibiganiro n’abacuruzi ngo ibiciro bigabanyuke, ariko ngo ibi ntabwo byoroshye na gato. Yongeyeho ko igihugu cya Mozambique gifite umusaruro w’ingano ungana na 30 %, ibisigaye bikurwa hanze y’igihugu.

Muri iki gihugu igiciro cy’umugati, cyiyongereyeho 25 %, mu myaka ishize. Igiciro cy’ibikomoka kuri Lisansi n’amazi byariyongereye nabyo.

MIGISHA Magnifique
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Minisitiri w’intebe makuza ari mu nama y’afurika yunze ubumwe, aho biga ku kongerera ubushobozi urubyiruko
 
Nyuma ya raporo ivuga ko mu rwanda abana bashorwa mu buraya, hafashwe ingamba zikumira iyi ngeso
 
Afghanistan: abatalibani bahitanye abantu icumi mu gitero bagabye i kaboul
 
Gicumbi:hatashywe amacumbi yubakiwe abatishoboye
 
Monaco: ku myaka 53, igikomangoma albert ii arava mu buselibateri kuri uyu wa gatandatu
 
Kigali: komisiyo y'u rwanda ikorana na unesco yamuritse ibikorwa byayo ku mugaragaro
 
U bufaransa : urukiko rwimuye urubanza ingabo z’u bufaransa ziregwamo gufata abagore ku ngufu mu 1994
 
Abagore bari mu nteko ishinga amategeko bavuga ko abagore bagenzi babo bagihura n’ihohoterwa
 
Beijing: amahanga ntiyishimiye uruzinduko rwa perezida wa sudani mu bushinwa
 
Page:
AuthorsComments
Page:
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-째
Email Adress :
Place your comment here:
(Maximum characters: 1000)
You have characters left.
Choose your avatar:
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://igiheltd.blogspot.com