Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
RDB Ads
BPR Ads
QQP Ads
Radio Izuba
Radio Flash
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
3800
. : : Iyandikishe : :
Amakuru atandukanyeHirya no hinoUtuntu n'utundiUyu munsi mu mateka

Misiri: Polisi yongeye guhangana n’abigaragambya


posted on Jun , 29 2011 at 20H 00min 06 sec viewed 1572 times



Mu ijoro ry’ejo kuwa Kabiri rishyira ku wa gatatu Polisi y’igihugu cya Misiri mu buryo bukomeye yongeye guhangana n’abantu bigaragambirizaga ku rubuga rwa Tahrir, kugeza ubwo hakomerekeramo abantu batari bake.

Ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa AFP, biratangaza ko abigaragambya biganjemo insoresore bahanganye n’abapolisi bifashishije amabuye ndetse n’ibyuma mu gihe polisi yo yakoresheje ibyuka biryana mu maso igamije kubatatanya.

Abigaragambayaga bakaba binubira ko hari ubukererwe bukabije ndetse no kugenza biguru ntege gushyikiriza ubutabera bamwe mu bantu bahoze muri guverinoma yahiritswe ya Hosni Moubarak.

Kuva tariki 12 Gashyantare uyu mwaka, Moubarak yakurwa ku butegetsi n’imyigaragambyo itoroshye y’abaturage, iyi niyo myigaragambyo ikomeye yongeye gukorwa mu buryo bukomeye, kuko yakomerekeyemo abantu batari bacye.

Umwe mu bayobozi b’abashinzwe umutekano, yatangaje ko imvano y’iyi myigaragambyo ari agatsiko k’abagabo bari bateraniye hamwe bibuka bamwe mubaguye mu mvururu zakuye ku butegetsi Perezida Hosni Moubarak, nyuma hakaza kuvuka ibisa n’imyivumbagatanyo yaje gusakarara ikagera hanze y’inyubako bari bateraniyemo.

Bikagera hafi y’inyubako ikorerwamo na televiziyo iri rwagati mu gihugu cya Misiri bikaza kurangira abigaragambya bageze ku rubuga rwa Tahrir rumenyereweho gukorerwaho imyigaragambyo ikomeye muri iki gihugu.

Abigaragambya kandi barifuza ko Maréchal Hussein Tantaoui uyoboye iki gihugu mu gihe hatarakorwa amatora, barasaba ko akwiye kuva kuri uyu mwanya.

SHIKAMA Dioscore
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Minisitiri w’intebe makuza ari mu nama y’afurika yunze ubumwe, aho biga ku kongerera ubushobozi urubyiruko
 
Nyuma ya raporo ivuga ko mu rwanda abana bashorwa mu buraya, hafashwe ingamba zikumira iyi ngeso
 
Afghanistan: abatalibani bahitanye abantu icumi mu gitero bagabye i kaboul
 
Gicumbi:hatashywe amacumbi yubakiwe abatishoboye
 
Monaco: ku myaka 53, igikomangoma albert ii arava mu buselibateri kuri uyu wa gatandatu
 
Kigali: komisiyo y'u rwanda ikorana na unesco yamuritse ibikorwa byayo ku mugaragaro
 
U bufaransa : urukiko rwimuye urubanza ingabo z’u bufaransa ziregwamo gufata abagore ku ngufu mu 1994
 
Abagore bari mu nteko ishinga amategeko bavuga ko abagore bagenzi babo bagihura n’ihohoterwa
 
Beijing: amahanga ntiyishimiye uruzinduko rwa perezida wa sudani mu bushinwa
 
Page:
AuthorsComments
Page:
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-째
Email Adress :
Place your comment here:
(Maximum characters: 1000)
You have characters left.
Choose your avatar:
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://igiheltd.blogspot.com