Mu mugoroba w’uyu wa Gatanu tariki 3 Nzeli, mu nzu y’imyidagaduro ya Kamunuza Nkuru y’u Rwanda, Grand Audi, hateganyijwe defile de mode idasanzwe yiswe Campus Fashion Show yateguwe na Campus Models Association, aho indobanure z’ abahungu b’inkorokoro ndetse n’abakobwa b’urubavu ruto baza kwerekana imideri itandukanye.
Iki kigiye kuba igikorwa cya mbere cya Campus Model Association (CMA) nyuma y’igihe gito imaze ishinzwe. Mu kiganiro twagiranye na Iyamuremye Antoine ukuriye uyu muryango, yaduhishuriye ko kuri uyu mugoroba biza kuba bidasanzwe.
Yagize ati: “Abadefila baraza gutambagira mu njyana z’abahanzi nyarwanda twatumiye muri iki gikorwa, Stage nayo iraza kuba imeze ukuntu kudasanzwe, ikindi ni uko abakobwa n’abahungu bari budefile bamaze igihe mu myitozo kuburyo baza kubyitwaramo neza bihagije”.
CMA ni ryo shyirahamwe rya mbere ribayeho muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda rihuriza hamwe aba-mannequins/models, rikaba rifite abanyamuryango 25.
Nzabandora Noel umwe mu ba-models b’abahungu bo muri CMA, yadutangarije ko baza gutambagira bambaye imyenda yo mu bwoko 6 butandukanye, muri bwo hakaba harimo imyenda y’imbeho, iya sports, imyenda ituma umubiri urushaho guhumeka, imyenda bambara mu birori bya nijoro, n’indi itandukanye.
Ubwo twaganiraga na Umutoni Geraldine Kellia, umwe mu bakobwa b’aba-models muri CMA yadutangarije ko muri macye ngo bari bwerekane imyambaro yambarwa n’abagize Kaminuza mu bihe bitandukanye.
Campus Fashion Show biteganyijwe ko iri butangire I saa kumi n’ebyiri za nimugoroba, ikaba iri bwitabirwe n’abahanzi nka Da Black, Kamishi, Liza Kamikazi,Rozy, Ganzo, Big Gun, Ben Nganji n’abandi benshi, baza gutanga injyana aba-models batambagiriraho.
Foto: Jules
Kayonga J.