Naason aganira na IGIHE.com kuri uyu wa kane yagize ati:"Ndasaba abanyarwanda ko muri uku gushaka umunyarwanda uzahagararira igihugu cyose ku isi, abantu ntibazite ku muhanzi wakunzwe cyangwa se wamenyekanye cyane ahubwo bazite kuri Live, agomba kuba ari umuntu uzaduhesha icyubahiro kandi Live niyo izabashyira ku mugaragaro."
Anongeraho ko abanyarwanda bagakwiriye gutora umunyarwanda uzaririmbana na Sean Kingston bikumvikana ko ahubwo yamurushije mu majwi no mu buhanga bwo kuririmba.
Ati:"Twihangane dutore umuntu ubikwiriye uzatwubahisha, uzaduserukira ku buryo niwumva n’indirimbo hagati ya Sean Kingston n’umunyarwanda wacu, uwo dushaka ni uzamurusha tukavuga ngo yamukoreye correction (ikosora)."
Anashimira kandi abagize uruhare mu gutegura no gushyira mu bikorwa aya marushanwa ya PGGSS. Muri bo, Naason ashimira by’umwihariko uruganda rwa BRALIRWA, aho agira ati: "Ni ikintu cyiza kuba BRALIRWA yarashyizeho amarushanwa yahesha umuntu miliyoni esheshatu akajya no gukorana indirimbo n’icyamamare ku rwego rw’isi ni ikintu cyiza cyane nta muntu utagishima."
Tubamenyeshe ko aya marushanwa azagaragaza umunyarwanda urusha abandi kuririmba kandi ukunzwe n’abanyarwanda hafi ya bose muri rusange kuko uzatsinda bimusaba gutorwa n’abanyarwanda benshi cyane.
Hazoherezwa kandi SMS imwe gusa ari nayo mpamvu umukunzi w’umuhanzi asabwa kutifata ahubwo akagaragariza umuhanzi akunda ko amukunda no mu bikorwa amutora.
Ku itariki ya 2 Nyakanga aba bahanzi 10 bazaririmba ku buryo bwa Live nuko abanyarwanda batangire kuboherereza ubutumwa bugufi bwo kubatora.