Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
RDB Ads
BPR Ads
QQP Ads
Radio Izuba
Radio Flash
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
3800
. : : Iyandikishe : :
BiographySuccess storiesLife styleInterviews

Kimwe cya kabiri cy’imyaka ye, akimaze abana n’ubwandu bwa SIDA nyamara arakomeye


posted on Jun , 09 2011 at 09H 55min 09 sec viewed 15002 times



Hashize imyaka 30 agakoko gatera SIDA kavumbuwe. Ariko ubushakashatsi bwagiye bugaragaza ko nubwo ako gakoko kavumbuwe mu 1981 hari abakagaragayeho ariko baragafashe na mbere yaho. Ibyo binajyanye n’ubuhamya bwa Mukarugambwa Madeleine wemeza ko we yanduye ubwandu bwa SIDA mu 1980.

Yemeza ko kwiyakira, kwimenya n’ubufasha bwa Leta aribyo byatumye abasha kubana n’aka gakoko imyaka isaga 30. Uyu mukecuru yemeye kuduha ubuhamya bwe aganira na ORINFOR.

Mu mudugudu wa Kinyange, umurenge wa Gitega, akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali niho uyu mukecuru witwa Mukarugambwa Madeleine atuye. Afite imyaka 62 y’amavuko. Kimwe cya kabiri cy’imyaka ye akimaze abana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA.

image
Mukarugambwa Madeleine wemeza ko we yanduye ubwandu bwa SIDA mu 1980

Ngo ikigo yahoze akorera cyari gifite ibikoresho bishobora gupima amaraso hakamenyekana afite ikibazo. Gusa ntabwo byahise bimenyekana ko ari agakoko ka SIDA kuko kamenyekanye neza mu 1981.

Mukarugambwa, ni umukecuru ariko umurembye ku maso ndetse no ku gihagararo aracyafite intege. Bigaterwa nuko nyuma yaho amenyeye ko yanduye yahise afata ingamba.

Mu buhamya bwe Mukarugambwa yemeza ko mbere agakoko kaje kuba SIDA kicaga abantu bikitirirwa amarozi kuko kari kataramenyekana.

Mukarugambwa ubu amaze imyaka ine afata imiti igabanya ubukana bwa SIDA akemeza ko iri mu bimufasha gukomeza ubuzima.

Raporo y’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kurwanya icyorezo cya SIDA igaragaza ko u Rwanda ruri mu bihugu byagabanije ubwandu bushya bw’icyorezo cya SIDA. Iyo raporo inagaragaza ko 80 ku ijana by’abantu bo mu Rwanda banduye SIDA bakaba bageze igihe cyo guhabwa imiti bayibona.

Iyo miti bayibonera ubuntu. Mukarugambwa we, uko guhabwa imiti no kuba baritabiriye kwishyira hamwe bagatinyuka bagatanga ubuhamya bizageza igihe icyorezo cya SIDA kigacika burundu mu Rwanda.

Ubwandu bw’icyorezo cya SIDA mu Rwanda bubarirwa kuri 3% by’abaturage b’ u Rwanda.

Inkuru dukesha ORINFOR
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Kimwe cya kabiri cy’imyaka ye, akimaze abana n’ubwandu bwa sida nyamara arakomeye
 
Ibyishaka muvunyi benigne yatunguwe no kuba igisonga cya mbere mu marushanwa ya miss university
 
Alassane ouattara si ikimanuka muri politiki, afite amateka atari magufi
 
Mahirwe pacifique, umwanditsi w’ibitabo ukiri muto, ati: ”tuzamure umuco wo gusoma mu rwanda”
 
Dore umusore wigana perezida kagame neza neza! ese ubundi ni muntu ki?
 
Bimwe mu byaranze rasta bongo man, wemeraga ikinyarwanda agakunda n’u rwanda by’agahebuzo
 
Ubuzima n’ amateka by’ umuhanzi jean pierre runyurana
 
Amwe mu mateka ya musenyeri aloys bigirumwami
 
Ubuzima bw’ intwari uwiringiyimana agathe
 
Page:1 |
AuthorsComments
Page:1 |
by uh Posted 2011-06-29 13:54:17

Uh,
It's had to believe. Many ideas can be adavanced: 1)She can't know when she got it because she never took any qualified tests for that. A test of HIV ARN for phylogenic analysis could be in favor to know how old is her virus strain compared to others identified before.2)It could be true,obviouly AIDS existed before was descovered.3)Probably she had another blood disease before she caught HIV. I hope it's not true that HIV could have existed in Rwanda before other countries. Not Good.




 
by nzahaha Posted 2011-06-17 08:28:13

Uyu mukecuru ashobora kuba yaribonyeho ibimenyetso bya sida mbere yuko bavuga ko yavumbuwe agahita amenya ko uburwayi bwe burya bwitwa SIDA. Muracyakeneye muganga ngo anyunganire?




 
by Unknown Posted 2011-06-10 01:26:40

se bavandi ntimuzi ko ubushakashatsi bwerekanye ko agakoko gatera SIDA kabayeho mbere mbere no muri za 60 karayobekanye icyo aricyo kica abantu, nyuma y'igihe hakorwa ubushakashatsi bukomeye kaje kuvumburwa muri 1981. None se ahubwo muremeza ko noneho kanabayeho uwo munsi nyirizina kavumbuwe kuri abo baagabo bakabavumbuweho baragafashe mbere. wibuke kandi ko abo bagabo bagatawuweho bari muri Amerika ariko wibuke ko bakurikiranye bagasanga gafite ivuko muri Afurika. Bivuze ko kabonetse muri amerika muri za 81 ariko karabanje kubaho mbere yaho muri Amerika.




 
by rukundorwinshi Posted 2011-06-09 07:18:14

guma guma ndabemera man




 
by Unknown Posted 2011-06-09 06:24:10

Ni IKINYOMA CYUZUYE, kuko Sida ntiyavumbuwe mu Rwanda.
Hashize iminsi mike cyane isi yose yibutse ubwo Sida yavumburwaga muri Amerika mu w'1981 nhagati y'abagabo babanaga bahuje ibitsina.

None se uyu mugore yari afite iye yihariye twakitwa Sida Made in Rwanda?
Niba yari arwaye ibindi bitaramenyekana, yibyitirura Sida,kuko mu marasao habamo indwara nyinshi cyane, hari n'izikivumburwa.




 
by kamueva Posted 2011-06-09 05:01:39

Uyu mukecuru ntabeshya koko, none se ko 1981 ariho yagaragaye muri America, mu rwanda ikagaragara muri za 1986 ubwo se 1980 yari yapimwe nande ahubwo se yari aziko SIDA ibaho? Oya kereka iyo avuga nk'imyaka 25 niho umuntu yapha kubyemera. abaganga batubwire kabisa njye ndumva ano makuru yatanzwe n'uyu mukecuru nyashidikanyaho.




 
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-째
Email Adress :
Place your comment here:
(Maximum characters: 1000)
You have characters left.
Choose your avatar:
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://igiheltd.blogspot.com